Kabila hagati y'urwo gupfa no kwezwa uyu munsi

Ahavuye isanamu, Reconstruire RDC
Urukiko rukuru rwa gisirikare i Kinshasa biteganyijwe ko uyu munsi rutangaza icyemezo cyarwo ku rubanza rwa mbere rwarezwemo uwahoze ari perezida wa DR Congo, Joseph Kabila Kabange, warezwe ibyaha byo gufatanya n'umutwe wa M23.
Mu kwezi gushize, ubushinjacyaha bwasabiye Kabila igihano cy'urupfu bunasaba urukiko gutegeka ko imitungo ye ifatirwa, na we agashakishwa agatabwa muri yombi ako kanya.
Kabila yashinjwe ibyaha by'ubugambanyi, gufatanya n'umutwe wa M23, gushyigikira iterabwoba n'ibindi. Yaburanishijwe adahari kandi biteganyijwe ko atari buboneke no mu kumukatira.
Abicishije mu binyamakuru, Kabila aheruka kwamagana urubanza rwe, yavuze ko ibirego aregwa ari "ibinyoma bifite imvo za politike byacuzwe n'ubutegetsi bugamije gusa guhunga inshingano nyazo zabwo".
Urukiko nirumuhamya ibyaha uyu munsi rukamukatira, araba abaye uwa mbere wabaye perezida wa DR Congo ukatiwe n'urukiko nyuma yo kuva mu mirimo nk'umukuru w'igihugu.
Mu iburanisha, hagaragajwe ibyo ubushinjacyaha bwavuze ko ari ibimenyetso bimushinja, birimo ikiganiro Kabila yatanze akavuga ko M23 ihagarariye ibyifuzo by'abaturage ba Congo, hamwe n'ibyavuzwe n'umwe mu bo hafi ye ko bashaka gukuraho ubutegetsi buriho.
Humviswe kandi Eric Nkuba, umwe mu bahoze bakorana na Corneille Nangaa, uyu Nkuba yakatiwe urwo gupfa i Kinshasa ahamijwe gukorana na M23.
Abahagrariye leta ya Kinshasa muri uru rubanza basabye ko Kabila yatanga indishyi zigera hafi kuri miliyari 25 z'amadorari ya Amerika no gufatira imitungo ye, abahagarariye leta za Kivu y'Epfo na Kivu ya Ruguru nabo basabye indishyi z'akababaro za miliyari 21 z'amadorari no gufatira imitungo ya Kabila.
Gukurikiranwa kwe byatangiye ubwo ubushinjacyaha bwasaba ko akurwaho ubudahangarwa "nk'umusenateri ubuzima bwose" umwanya ahabwa n'Itegeko nshinga, yagiyemo nyuma yo kuba perezida wa mbere wa DR Congo wahererekanyije ubutegetsi na mugenzi we mu mahoro.
Kabila yatangiye gukurikiranwa nyuma y'uko uwamusimbuye Félix Tshisekedi muri Gashyantare(2) uyu mwaka atangiye kuvuga ku mugaragaro ko Kabila "ari we muntu nyakuri uri inyuma ibi byose", amushinja gufasha umutwe wa M23.
Mu kwezi kwa Mata (4) Kabila wari umaze igihe aba hanze ya DR Congo yabwiye abanyamakuru muri Afurika y'Epfo ati: "Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane n'uko bimeze uyu munsi".
Mu mpera z'ukwezi kwakurikiyeho kwa Gicurasi(5), Kabila yerekeje i Goma umujyi wari umaze amezi ane ugenzurwa na M23, ibyateye uburakari bukomeye ubutegetsi bwa Kinshasa, hakurikiraho intambwe zo gufatira imitungo ye no kumukurikirana mu bucamanza.
Ntabwo bizwi neza aho Kabila aherereye muri iki gihe ariko mu gihe urukiko rwamuhamya ibyaha rukamukatira bishobora kugira ingaruka ku bwisanzure bwe mu ngendo mpuzamahanga kuko ashobora gushyirirwaho na leta ya DR Congo inyandiko zisaba polisi mpuzamahanga kumuta muri yombi.
Uru rubanza rwatangiye muri Nyakanga(7) uyu mwaka ni rumwe mu zagarutsweho cyane muri iki gihugu. Bamwe bavuga ko uyu munsi Kabila ashobora gukatirwa igihano cy'urupfu, abandi bakavuga ko ibyo ashinjwa nta shingiro bifite ashobora no kugirwa umwere.
Umwaka ushize, Leta ya Kinshasa yasubijeho ingingo yo gushyira mu ngiro igihano cy'urupfu – cyabujijwe gushyirwa mu ngiro mu 2003 - ivuga ko ubu igaruye iyo ngingo kuko "hari ubufatanyacyaha bwa bamwe mu baturage bacu" kandi "ubugambanyi cyangwa ubutasi byasize ikiguzi kiremereye ku baturage n'igihugu."













