Imvo n'Imvano ku ruhare rw'abarinzi b'igihango mu kwimakaza ubumwe n'ubwiyunge mu Rwanda
Mu kiganiro Imvo n'Imvano co kuri uyu wa gatandatu tariki 14 z'ukwezi kwa 6 umwaka wa 2025, Abarinzi b'igihango mu Rwanda ni abaturage bashimiwe kuba barakoze kandi bagikora ibikorwa byiza by'indashyikirwa bigendanye no kubanisha Abanyarwanda.
Batoranywa n'abandi baturage bari muri komite izwi nka ''ndumunyarwanda'' kuva ku rwego rw'akagari, Umurenge, akarere ndetse no ku rwego rw'igihugu.
Kubera amateka yaranze u Rwanda arimo jenoside yo mu Rwanda hari abatorewe kuba abarinzi b'igihango kubera uruhare rukomeye bagize mu guhisha abatutsi cyangwa se kubatorokesha bakabahungishiriza mu bihugu bituranye n'u Rwanda.
Hari kandi n'abatoranyijwe kuba abarinzi b'igihango kubera ibikorwa byabo byo kongera guhuriza hamwe abagize uruhare muri jenoside yo mu Rwanda n'abarokotse.
Bamwe muri bo BBC yarabasuye, turabaha ijambo muri iki kiganiro mwateguriwe kandi mugiye kugezwaho na Yves Bucyana.
