Video: 'Nta gushidikanya ko [M23] ifashwa n'u Rwanda.Nta muntu ubihakana' – Massad Boulos
Video: 'Nta gushidikanya ko [M23] ifashwa n'u Rwanda.Nta muntu ubihakana' – Massad Boulos
Amerika yabaye umuhuza hagati y'u Rwanda na DR Congo bagera ku masezerano y'amahoro yo kurangiza intambara imaze imyaka, arimo kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro nka FDLR na M23, hamwe n'ubufatanye mu by'ubukungu.
Massad Boulos umujyanama mukuru wa Donald Trump kuri Afurika, mu kiganiro na BBC New World Service yavuze ku mbaraga u Rwanda rufite kuri M23, anahakana ko aya masezerano ari ay'ubucuruzi gusa nk'uko byavuzwe na Joseph Kabila wahoze ari perezida wa DRC wanenze ayo masezerano.